00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kizza Besigye yareze Leta ya Uganda na Kenya mu rukiko rwa EAC

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 9 December 2024 saa 03:15
Yasuwe :

Umunyapolitiki Dr Kizza Besigye yareze Leta ya Uganda na Kenya mu rukiko rw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC), azishinja kwifatanya mu kumushimuta.

Iki kirego cyagejejwe mu gashami k’uru rukiko gaherereye i Kampala muri Uganda tariki ya 4 Ukuboza 2024, nk’uko bisobanurwa n’ikinyamakuru Daily Monitor.

Dr Besigye yatawe muri yombi tariki ya 16 Ugushyingo 2024 ubwo yari yagiye i Nairobi kwitabira ibirori byo kumurika igitabo cy’umunyapolitiki Martha Karua utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kenya.

Uyu munyapolitiki ufungiwe muri gereza ya gisirikare ya Luzira, yafashwe n’abasirikare bo mu mutwe w’ingabo zidasanzwe za Uganda, ubwo yari muri hoteli i Nairobi. Byasobanuwe ko icyo gihe yaganiraga n’uwamwizezaga ko azamushakira intwaro zo kwifashisha mu gukuraho ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Museveni.

Ikirego abanyamategeko be batanze kivuga ko inzego z’umutekano za Kenya zatanze ubufasha “mu kumushimuta” no kumwohereza muri Uganda, bikorwa hirengagijwe Itegeko Nshinga rya Kenya n’amasezerano ya EAC.

Abanyamategeko bunganira Dr Besigye muri iki kirego ni batatu: Andrew Karamagi, Godwin Toko na Anthony Odur.

Besigye yareze Leta ya Uganda n'iya Kenya, azishinja kumushimuta
Besigye yatanze iki kirego mu gihe agifungiwe muri gereza ya gisirikare ya Luzira

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .