00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kisangani: Abaturage n’ingabo za RDC bahanganiye ubutaka

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 17 February 2025 saa 11:34
Yasuwe :

Abaturage bo gace ka Katako muri Kisangani banze kwimuka nyuma y’aho ubuyobozi bw’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bubibategetse, bugaragaza ko aho batuye atari ahabo.

Ubuyobozi bw’intara ya gisirikare ya 31 tariki ya 5 Gashyantare 2025 bwasabye aba baturage bose kwimuka, kuko ngo ibibanza batuyemo biri mu mbago z’ikigo cya gisirikare cya Ketélé.

Aba baturage bagiye kwigaragambiriza imbere y’ibiro bya Guverineri w’intara ya Tshopo, bamusaba kubavuganira kuko ngo ibibanza byabo biri muri Katako bitari mu mbago z’iki kigo cya gisirikare.

Umuturage yagize ati “Hano mpamaze imyaka mirongo. Twatunguwe n’uko abofisiye mu gisirikare badusabye kuhimuka mu mpera z’uku kwezi. Twaguze ibi bibanza mu myaka 31 ishize, tubyubakamo inzu, abashinzwe ubutaka baduha ibyangombwa byabyo.”

Umukecuru utuye muri aka gace na we yasobanuye ko ikibanza afite muri Katako cyaguzwe n’umugabo we mu mwaka wa 1987, agaragaza ko bitumvikana kuba igisirikare gishaka kuhabakura.

Ati “Umugabo wanjye yaguze ikibanza cyacu mu 1987, tucyubakamo inzu. Uyu munsi, igisirikare gishaka kuhatwambura. Ntabwo byumvikana, ntibikwiye.”

Imyigaragambyo y’aba baturage yatumye Guverineri Paulin Lendongolia asaba umukozi ushinzwe serivisi z’ubutaka muri Tshopo gukurikirana iki kibazo, afatanyije n’abahagarariye igisirikare.

Abaturage bavuze ko badateze kwimuka muri Katako kuko bahafitiye ibyangombwa by'ubutaka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .