00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yatawe muri yombi azira gushinga sitasiyo ya polisi

Yanditswe na Ayera Belyne
Kuya 12 March 2025 saa 12:46
Yasuwe :

Polisi yo mu Mujyi wa Eldoret mu gace ka Uasin Gishu yataye muri yombi umusore witwa Collins Leitich w’imyaka 26, wari umaze amezi arenga atandatu yarashinze sitasiyo ya polisi mu gace atuyemo nta burenganzira abifitiye.

Uyu musore uzwi nka Chepkulei yari asanzwe ari umucuruzi. Yashinze sitasiyo ya polisi mu gace atuyemo hafi y’ishyamba rya Cengalo ku muhanda wa Lessos-Kapsabet.

Iyi sitasiyo ya polisi yari imeze neza nk’izikoreshwa na Polisi ya Kenya kuko hari hariho ibirango bya polisi ndetse hari aho bafungira abanyabyaha.

Abaturage bo muri aka gace bavuga ko abanyabyaha bafungirwagamo ari abatemaga ibiti bivuye mu ishyamba rya Cengalo mu buryo butemewe n’amategeko.

Abaturage ntabwo bigeze bamenya ko iyi sitasiyo ya polisi ari itemewe n’amategeko, bavuga ko batunguwe bikomeye no gusanga ari impimbano.

Ubuyobozi bw’ako gace na bwo ntabwo bwigeze bubimenya kugeza ubwo abayobozi bo mu nzego z’ibanze bayibonyemo ibimenyetso by’uburiganya, maze bahita batangira iperereza.

NTV Kenya yanditse ko ku wa 8 Werurwe 2025 abapolisi bo kuri sitasiyo ya Kamuyu bahise bakora dosiye y’uyu musore.

Kugeza ubu, inzego z’umutekano ntiziramenya impamvu nyamukuru yatumye Leitich ashinga iyi sitasiyo itemewe. Polisi yijeje abaturage ko iperereza rikomeje kandi ko hagomba gufatwa icyemezo gikwiye.

Sitasiyo ya Polisi yashinzwe n'umuturage muri Kenya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .