00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya: Umugabo yitwikiye imbere y’urukiko kubera urubanza rwatindijwe

Yanditswe na IGIHE
Kuya 12 March 2025 saa 10:31
Yasuwe :

Umugabo yitwikiye imbere y’Urukiko rw’Ikirenga muri Kenya kubera urubanza rwe bivugwa ko rwatinze, arakomereka bikomeye gusa atabarwa atarapfa ajyanwa kwa muganga.

Inyandiko yasanganywe zigaragaza ko yitwa James Kipira. Abatangabuhamya bavuze ko yari yitwaje icupa ririmo lisansi, abanza kuvugana n’abarinzi bo ku rukiko basa n’abatongana.

Uyu mugabo ngo yahise yisuka lisansi mu ijosi afata ikibiriti aritwika, ariko bibanza kwanga ageze aho ayimena ku kibuno atangira gushya.

Abashinzwe umutekano ngo bumvise lisansi inuka brahurura basanga umugabo ari kugurumana, atangiye gushaka uko yakwitabara akuramo imyenda ariko yari yamaze gufatwa n’umuriro.

Uko yizengurutsaga yaguye ahagana hanze y’amarembo y’urukiko abarinzi bajyana kizimyamoto bajya kumuzimya.

Inyandiko yasanganywe zigaragaza ko yaguze imodoka i Mombasa idafite ubwishingizi, mu gihe yashakaga kuyigeza i Nairobi ikora impanuka kandi abo bari bayiguze bari baragiranye amasezerano ko batazishingira impanuka imodoka yakora.

Imodoka yari yarayishyuye ibihumbi 300 by’Amashilingi ya Kenya, ayisubijeyo ngo bayisane bamusaba kubanza kwishyura ikiguzi cyose, ni ukuvuga miliyoni 1,3 Ksh, bituma agana inkiko kuva mu 2023 kugeza ubu.

Uyu mugabo yabwiye abapolisi n’abaganga ko yetewe umujinya n’inzira ndende zikoreshwa mu nkiko kandi ngo nta cyizere afite cyo guhabwa ubutabera muri uru rubanza.

Uyu mugabo ntabwo yari yizeye ubutabera mu rukiko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .