00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya: Umugabo yafatanywe ibice by’umubiri w’umugore we mu gikapu

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 23 January 2025 saa 06:05
Yasuwe :

Urwego rw’ubugenzacyaha rwo muri Kenya rwatangaje ko umugabo witwa John Kiama Wambua yafatanywe ibice by’umubiri w’umugore we mu gikapu nyuma yo kumwivugana akagenda ijoro ryose abihetse mu gikapu.

Itangazo ryasohowe n’urwego rw’ubugenzacyaha bwa Kenya (DCI), rivuga ko mu ijoro ryo ku wa 22 Mutarama 2025 ari bwo polisi ya Kenya yari ku burinzi mu gace ka Haruma mu mujyi wa Nairobi yafashe John Kiama, bamusatse bamusangana ibice by’umubiri w’umuntu mu gikapu yari ahetse.

Iri tangazo risobanura ko John Kiama w’imyaka 29 yasatswe kuko abapolisi bakimubona bahise bamukeka ko atwaye ibintu binyuranye n’amategeko mu gikapu cye.

Bakubiswe n’inkuba ubwo bafunguraga igikapu bagasanga kirimo ibice by’umubiri w’umuntu, bahita bamujyana mu iperereza asubiza adategwa ko ibyo bice ari by’umugore we witwa Joy Fridah Munani wari ufite imyaka 19 y’amavuko.

Ubwo bajyaga mu rugo rwe bahasanze icyuma, imyenda yuzuyeho amaraso n’ibindi bice by’umurambo munsi y’igitanda cye.

Kugeza ubu John Kiama ari mu maboko ya polisi ndetse uru rwego rwongeyeho ko uyu mugabo azaregwa icyaha cy’ubwicanyi ubwo azaba agejejwe mu rukiko mu minsi iri mbere.

Kenya isanzwe ifite ikigero kiri hejuru cyane cy’abagore bicwa n’abagabo babo, ndetse hagati ya Kanama na Ukwakira mu 2024 abagore bishwe bageze kuri 97.

Wambua yasanganywe ibice by'umubiri w'umugore we mu gikapu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .