00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya: Umucamanza yategetse ko Facebook ijyanwa mu nkiko

Yanditswe na IGIHE
Kuya 6 Gashyantare 2023 saa 10:49
Yasuwe :

Umucamanza muri Kenya yategetse ko ikigo Meta kibarizwamo Facebook gishobora kuregwa mu rukiko rwo muri iki gihugu.

Meta yagerageje uburyo bwose ngo ikirego giteshwe agaciro ivuga ko inkiko zo muri Kenya zidafite ububasha bwo kuburanisha ikirego kijyanye n’ibikorwa byayo. Icyakora, umucamanza mu rukiko rw’umurimo yabiteye utwatsi kuri uyu wa Mbere.

Ni urubanza uwahoze ahagarariye Facebook muri Kenya, Daniel Motaung, ayiregamo gukoresha nabi abakozi bayo.

Motaung yavuze ko ubwo yakoreraga Facebook hari amakuru ateye ubwoba yatambukaga nko gufata abantu ku ngufu, iyicarubozo no guca abantu imitwe byashoboraga gutera uburwayi bwo mu mutwe inshuti ze.

Yavuze ko Meta itigeze itanga ubufasha mu bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe ku bakozi bayo, kubakoresha amasaha y’umurengera ndetse no kubahemba umushahara w’intica ntikize.

Nyuma y’icyemezo cy’umucamanza cy’uko Meta ishobora kuregwa muri Kenya, icyiciro gikurikiyeho muri uru rubanza giteganyijwe kuwa 8 Werurwe 2023.

Meta ikomeje kujyanwa mu nkiko aho hari abanya-Ethiopie babiri bayishinja gukwirakwiza no gutiza umurindi imvugo z’urwango binyuze kuri Facebook mu gihe cy’intambara ya Tigray.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .