Gachaguwa yegujwe mu Ukwakira 2024 ashinjwa ibyaha birimo ruswa, ivangura n’amacakubiri, gutesha agaciro ubutegetsi, iyezandonke, gutera ubwoba abacamanza n’ibindi.
Uyu mugabo utarigeze yemera ibyo yarezwe yavuze ko hari abadepite bakomoka mu gace kamwe na we bagiye bamusaba kwegura ku bushake kugira ngo azabashe kwiyamamaza mu matora ateganyijwe mu 2027.
Gachagua yabwiye NTV Kenya ko Perezida Ruto yashatse kumuha ruswa ngo yegure ku neza arabyanga kuko yashakaga kugaragaza ukuri.
Ati “Si ngombwa ko mba mfite umwanya w’ubuyobozi hano muri Kenya, n’iyo nemera ibyo Perezida [Ruto] yari ari kumbwira ngo negure, kuko yari ari kumbwira ngo negure ampe miliyari 2 z’Amashilingi ya Kenya ugende uruhuke, ukore gahunda zawe, ubeho ufite umutekano, ube ufite umushahara iby’ubutegetsi uziyamamaze ubutaha ariko nkibaza nti umuntu uri kugucira urwobo yaguha ibikubeshaho?”
Gachagua yavuze ko yari yamaze kubona ko Perezida ari kumushakira ikibi ari na yo mpamvu nta gitekerezo yari kumusaba.
Ati “Iyo ubonye umuntu uri kukugambanira, inzira akubwiye ngo unyuremo ntuyinyuramo ahubwo unyura mu yindi.”
Yanakomoje ku badepite bo mu gace akomokamo bagiye kumwinginga ngo yegure yitegura kuziyamamaza arababwira ngo “si ngomba ngo mbe ndi umuyobozi, si ngombwa ngo niyamamaze, icyo nshaka ni ugushyira ukuri ahabona, kuko si ihame ko mba umuyobozi wa Kenya, hari abandi bantu benshi bashoboye kuyobora.”
Yavuze ko kuba afite ikirego mu rukiko bitamubuza kwiyamamaza mu gihe yaba abishatse kuko na Perezida Ruto na Uhuru Kenyatta bagiye biyamamaza bafite ibirego muri ICC.
Ati “Amategeko ya Kenya arasobanutse, avuga ko nubwo waba ufite urubanza mu rukiko bidakuraho uburenganzira bwawe bwo kwiyamamaza. Ninshaka kwiyamamaza nzabikora, ariko ubwo bitaranzamo aka kanya, icy’ibanze ni ibyo twebwe abanya-Kenya turi gutegura ngo tuzatore abayobozi beza.”

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!