Urukiko rw’Ubucuruzi rwa Uganda rwemeje ko Kaminuza ya Makerere yananiwe kubahiriza ibikubiye mu masezerano yari ifitanye n’icyo kigo.
Ishinjwa kwemerera ibindi bigo bitemewe n’amategeko kuyigemurira iyo myenda no kutishyura ibyenda iki kigo cyayigemuriye ubwo iyi kaminuza yatanganga impamyabumenyi ku nshuro ya 69 n’iya 70.
Kaminuza ya Makerere yemeye ko yagiranye na Team Uniform Ltd amasezerano y’imyaka itatu, ariko ko iyo sosiyete itayihaye amakanzu yose yasabwaga, kandi ntinagaragaze igihamya cy’uko yose yayatanze.
Urukiko rwategetse Kaminuza ya Makerere kwishyura Team Uniform Ltd miliyoni 313 z’Amashilingi ya Uganda z’amakanzu itishyuye, miliyoni 30 z’Amashilingi ya Uganda z’ibyangiritse byose ndetse n’inyungu ya 19% ya buri mwaka, ibarwa kuva ku wa 17 Gashyantare 2020.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!