Aba bagabo bahuriye muri Ethiopia, aho basabye Perezida wa Congo, Felix Tshisekedi, kugarura ituze n’amahoro muri icyo gihugu kimaze igihe mu ntambara.
Banenze imikoranire y’ingabo za Leta ya Congo n’imitwe y’abanyamahanga irimo abacanshuro n’ingabo z’amahanga, basaba ko abo banyamahanga basubira mu bihugu byabo.
Aba bagabo kandi basabye ko igihugu cyabo gishyira imbaraga mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu, kigahagarika ibikorwa byo gutoteza abaturage bacyo bavuga Ikinyarwanda, gufunga abanyamakuru n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi n’ibindi.
Mu gisa nko guca amarenga y’uko badashyigikiye umugambi wa Perezida Tshisekedi ushobora kwiyongeza manda, aba bagabo bavuze ko ubutegetsi bushyirwaho n’abaturage mu gihe runaka, budakwiriye gufatwa nk’ikintu umuntu afiteho uburenganzira bw’iteka ryose.
Bananenze umuryango mpuzamahanga kubera uburangare bwawo mu bibazo bya Congo, cyane cyane ibijyanye no kwica amahame y’uburenganzira bwa muntu. Bahereye aho bawusaba gufasha abaturage ba Congo gukuraho ubutegetsi bw’igitugu bashinja gukora ibyaha mu mijyi nka Goma, Lubumbashi Kilwa ndetse na gereza ya Makala.
Aba bagabo biyemeje gukomeza gukorana mu gushakira Congo umuti w’ibibazo biyugarije birimo ubukene, kwangiza umutungo wa leta, imikorere idahwitse ya leta n’ibindi bitandukanye.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!