00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Intumwa z’akanama k’umutekano ka Loni zagiye kwirebera ibibazo by’umutekano muri RDC

Yanditswe na IGIHE
Kuya 9 Werurwe 2023 saa 04:13
Yasuwe :

Intumwa z’akanama k’umutekano muri Loni zatangiye uruzinduko rw’iminsi ine muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kureba uko ibibazo by’umutekano muke bimaze igihe bivugwa mu Burasirazuba bw’icyo gihugu byifashe.

Izo mpuguke zageze i Kinshasa kuri uyu wa Kane tariki 9 Werurwe, bikaba biteganyijwe ko zizasoza uruzinduko tariki 12 Werurwe 2023.

Bazahura n’abayobozi bakuru muri RDC barimo Perezida w’icyo gihugu, Minisitiri w’Intebe, abagize Guverinoma, abayobozi b’Inteko Ishinga Amategeko n’imiryango itegamiye kuri Leta.

Itangazo ryashyizwe hanze n’ingabo z’umuryango w’Abibumbye ziri mu Burasirazuba bwa Congo (Monusco), rivuga ko abo bantu bazakomereza uruzinduko rwabo mu Burasirazuba bw’igihugu muri Kivu y’Amajyaruguru no mu mujyi wa Goma,guhura n’abavanywe mu byabo n’intambara.

Bzaganira kandi n’imiryango mpuzamahanga igamije kugarura amahoro muri icyo gihugu. Uruzinduko rwabo ruzasozwa n’ikiganiro n’abanyamakuru mu mujyi wa Goma.

Izi ntumwa zigiye muri RDC mu gihe ingabo z’icyo gihugu zimaze umwaka mu mirwano n’umutwe wa M23, uvuga ko uharanira iyubahirizwa ry’amasezerano yasinywe mu 2013 ndetse no guhagarika ubugizi bwa nabi bukorerwa abavuga Ikinyarwanda by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Congo yo ivuga ko ntacyo izaganira na M23 kuko ibafata nk’umutwe ukomoka mu mahanga ufashwa n’u Rwanda, ibintu u Rwanda rwamaganye kenshi rwivuye inyuma.

Ibihumbi by'abaturage bamaze guhunga abandi bava mu byabo kubera intambara imaze igihe mu Burasirazuba bwa RDC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .