Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu cyumweru gishize zahanganiye n’umutwe witwaje intwaro wa M23 mu gace ka Lunyasenge kari muri teritwari ya Lubero mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Iyi mirwano yarangiye abarwanyi ba M23 bafashe aka gace. Abaturage benshi bari bahunze berekeza mu gace ka Kasindi ku mupaka wa RDC na Uganda.
Nubwo impande zombi zikomeje imirwano, ubwo abazihagarariye bari muri Qatar tariki ya 23 Mata, bagiranye amasezerano y’agahenge kugira ngo ibiganiro by’amahoro bikomeze mu mwuka mwiza.
Muri iki gihe, impande zombi zivugwaho gukomeza ibirindiro byazo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo, byaba mu buryo bw’abasirikare n’ibikoresho.
Kugeza ubu haribazwa ahazaza h’ibi biganiro n’umusaruro bishobora gutanga mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idashaka guhagarika imirwano.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!