00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imirambo y’abasirikare ba Afurika y’Epfo bapfiriye muri RDC iracyari muri Uganda

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 12 February 2025 saa 08:33
Yasuwe :

Imirambo y’abasirikare ba Afurika y’Epfo 14 bapfiriye mu mirwano yabereye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, iracyari muri Uganda, gusa biteganyijwe ko ishobora gukurwa muri iki gihugu kuri uyu wa 12 Gashyantare 2025.

Aba basirikare barimo abahoze mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo muri RDC (SAMIDRC) n’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) bapfiriye mu mirwano bari bahanganyemo n’umutwe witwaje intwaro wa M23 mu Mujyi wa Sake n’uwa Goma.

Nyuma y’iminsi myinshi imirambo yabo ibitswe mu kigo cya gisirikare giherereye mu mujyi wa Goma, tariki ya 7 Gashyantare 2025 yavanywe muri RDC n’Umuryango w’Abibumbye, inyuzwa mu Rwanda, mu muhanda wa Rubavu-Musanze-Cyanika.

Ubwo iyi mirambo yageraga muri Uganda, yajyanywe mu buruhukiro bw’Ibitaro Bikuru bya Mulago biherereye mu murwa mukuru, Kampala. Aho ni ho yakorewe isuzuma kugira ngo hashimangirwe niba koko bararashwe.

Umunyamakuru Micheal Baleke ukorera ikinyamakuru cya SABC cya Afurika y’Epfo muri Uganda, yatangaje ko iyi mirambo yamaze kuvanwa mu bitaro bya Mulago, yoherezwa ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Entebbe i Kampala.

Nk’uko Baleke yabisobanuye, iyi mirambo iraba iri kumwe n’indi y’abasirikare babiri b’Abanya-Tanzania n’iy’abandi babiri ba Malawi bapfiriye muri iyi mirwano, ikaba ari yo mpamvu indege ibanza kunyura muri ibi bihugu byombi kugira ngo iyihasige.

Yakomeje asobanura ko nyuma yo kugera muri Tanzania na Malawi, indege ikomezanya imirambo y’abasirikare 14 ba Afurika y’Epfo i Pretoria ku birindiro by’ingabo zirwanira mu kirere, aho biteganyijwe ko ihagera ku gicamunsi.

Hari abasirikare ba Afurika y’Epfo babarirwa mu bihumbi bakiri mu kigo cyabo i Goma, aho barindiwe umutekano n’abarwanyi ba M23. Ubuyobozi bw’uyu mutwe witwaje intwaro bwabasabye gutaha, bakirinda gukomeza kwijandika muri iyi ntambara.

Hashize iminsi itanu iyi mirambo ikuwe muri RDC, inyujijwe mu Rwanda
Byateganyijwe ko uyu munsi ari bwo ivanwa muri Uganda, ikanyuzwa muri Tanzania na Malawi
Abasirikare ba SADC basabwe gutaha, bakareka kwijandika muri iyi ntambara

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .