Ni ikibazo cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 4 Ukuboza 2024.
Itangazo ryashyizwe hanze n’ikigo gishinzwe ibijyanye n’ingufu muri Tanzania, rivuga ko iki kibazo cy’ibura ry’amashanyarazi cyagaragaye mu bice bitandukanye by’igihugu. Kugeza ubu ntiharamenyekana icyagiteye.
Ibi byagize ingaruka kuri gari ya moshi z’amashanyarazi zikora ingendo zihuza Dar es Salaam, Morogoro na Dodoma.
Amakuru dukesha The Citizen avuga ko izi ngendo zahagaze igihe kirenga isaha n’igice. Gusa kuri ubu zasubukuwe.
Leta ya Tanzania yashimiye abaturage kuba bitwaye neza muri iki kibazo nubwo cyarogoye ingendo zabo.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!