00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hamenyekanye ko Shekau wayoboraga Boko Haram yapfuye afite inshoreke 83

Yanditswe na Umutoni Rosine
Kuya 11 Ukuboza 2022 saa 01:19
Yasuwe :

Bamwe mu bahoze ari abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram, batangaje ko Abubakar Shekau wahoze ayoboye uwo mutwe yari afite abagore 83.

Abo barwanyi babitangaje nyuma yo kwishyikiriza inzego z’umutekano za Nigeria muri Leta ya Borno iherereye mu Majyaruguru ashyira Uburasirazuba bw’icyo gihugu.

Umujyanama mu by’umutekano wa Guverineri wa Borno, Abdullahi Ishaq, yavuze ko amakuru bahawe n’abishyikirije Leta, avuga ko Shekau yapfuye afite inshoreke 83.

Mu 2021 nibwo byatangajwe ko Shekau yiyahuye yirashe, ubwo yabonaga ko agiye gufatwa mpiri n’abarwanyi b’undi mutwe w’iterabwoba bahanganye uzwi nka ISWAP, ukaba ukorana na ISIS.

Ishaq yavuze ko abahoze ari abarwanyi ba Boko Haram bamubwiye ko Shekau yabashukaga, akabashora mu bikorwa bihabanye n’amagambo yirirwaga abwiriza.

Ati "Bavuze ko Shekau ubu ari ikuzimu kuko yiyahuye. Ngo yahoraga abashora ku rugamba kurwana ngo kuko nibapfa barwana, hari abakobwa b’amasugi babategereje."

Nyuma yo gupfa kwa Shekau yiyahuye, ngo benshi mu bayobozi ba Boko Haram byarabarakaje kuko bitandukanye n’ibyo yirirwaga abigisha.

Hamenyekanye ko Shekau wahoze ayobora Boko Haram yapfuye afite abagore 83

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .