Umutekano ni ujyanye n’ibikorwaremezo bihagije ku buryo bishobora kurengera abanyeshuri mu gihe habaye ikibazo nk’inkongi y’umuriro n’ibindi.
Ni nyuma y’uko muri Nzeri uyu mwaka ishuri ryo mu gace ka Endarasha rwagati mu gihugu, rifashwe n’inkongi, abanyeshuri 21 bakahasiga ubuzima.
Mu isuzuma ryakozwe, Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko hari amashuri yasanze adafite aho abanyeshuri bahungira mu gihe haba habaye inkongi, nta bikoresho bizimya umuriro bihari, amacumbi y’abanyeshuri make, nta bakozi ibigo bifite bita ku bana b’abakobwa babyigamo n’ibindi.
Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko hari n’amashuri basanze acumbikira abanyeshuri kandi nta ruhushya abifitiye.
Hatanzwe ukwezi kumwe ngo ayo mashuri abe yujuje ibisabwa cyangwa se afungwe burundu.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!