Byatangajwe na colonel Mamady Doumbouya uyoboye igihugu kuri ubu, nyuma y’igitutu ako gatsiko kamaze iminsi gashyirwaho ngo gatangaze igihe ubutegetsi buzasubirizwa mu maboko y’abasivile.
Mu ijambo yagejeje ku baturage binyuze kuri Televiziyo y’Igihugu, colonel Mamady Doumbouya yavuze ko atari umwanzuro wafashwe n’abantu runaka ku giti cyabo, ahubwo ko waturutse mu biganiro byakozwe hagati y’inzego zitandukanye, nkuko RFI yabitangaje.
Biteganyijwe ko uwo mwanzuro wafashwe uzashyikirizwa inama y’igihugu y’inzibacyuho ifatwa nk’Inteko Ishinga Amategeko, ikaganira kuri iyo ngingo mbere yo kwemezwa burundu.
Ntacyo umuryango w’Ibihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika (CEDEAO) uratangaza kuri icyo gihe cyatanzwe, dore ko wari umaze igihe usaba ko agatsiko gafite ubutegetsi gatangaza igihe gito cyo kuba kasubije ubutegetsi abasivile, bitaba ibyo kagafatirwa ibihano.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!