Kuva mu 1981 ubwo Museveni yinjiraga mu rugendo rwo kubohora Uganda, umugore we, Janet Museveni yahise ajya mu buhungiro. Museveni yashatse kurongora Winnie Byanyima wabanaga na NRA ku rugamba, umubyeyi we abanza kubyanga ariko birangira Museveni abigezeho.
Dr. Winnie Byanyima waje gushakana na Dr. Kizza Besigye ubwo yaganiraga na Next Radio, yabajijwe ku mubano we na Perezida Museveni, avuga ko wari umubano usanzwe udakwiye guhabwa umwanya mu biganiro bya politike.
Ati “Perezida Museveni twari dufitanye umubano usanzwe. Harimo ibibazo byinshi mpitamo kubivamo ariko si ngombwa kubigarukaho.”
Gen. Muhoozi yananiwe kwihanganira ibyavuzwe n’uyu mugore, abinyujije ku rubuga rwa X avuga ko se (Perezida Museveni) yamwirukanye nabi kuko yashakaga kwangiza umuryango we.
Ati “Nta kintu gisanzwe mu mubano wawe na data. Wageze mu rugo rwishimye ushaka kurwangiza. Uri icyago. Ntabwo wagiye ahubwo muzehe yarakwirukanye mu Ukuboza 1986, akujyana mu modoka uri kurira agushyira ababyeyi.”
Winnie Byanyima nawe yahise asubiza Gen. Muhoozi agira ati “Hari amateka akomeye ari hagati ya njye na so, ku buryo twembi twahisemo kurenga iby’ahahise mu cyubahiro twembi tugombana. Ariko nukomeza kubeshya, bishobora kumpatira gushyira hanze ibimenyetso bikomeye by’ibyabaye. Nifuza gukomeza uburyo twahisemo buduhesha agaciro, ariko amahitamo aracyari ayawe. Nizere ko ibi birangiriye aha.”
Dr. Byanyima amaze iminsi yumvikana cyane mu itangazamakuru avuganira umugabo we, Dr. Kizza Besigye, ufunze aregwa kugambanira igihugu no gushaka guhirika ubutegetsi.
Besigye watangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara muri gereza, urukiko rw’ikirenga rwa Uganda rwanzuye ko urubanza rwe ruvanwa mu rukiko rwa gisirikare rukajyanwa mu nkiko za gisivile.
Gen. Muhoozi yageze ubwo avuga ko nubwo Dr. Besigye yimuriwe mu rukiko rwa gisivile ariko bitewe n’uko azitwara cyangwa uko umugore we, Byanyima azitwara bishobora kuzatuma amusubiza mu rukiko rwa gisirikare.
There was NOTHING normal about your relationship with my father. You found a happy home and tried to wreck it. You're a DISASTER of a woman!! You didn't leave. Mzee kicked you out of the house in December of 1986, dragged you to the car while you were crying and sent you to your… https://t.co/j4U1PJMfgI
— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) February 22, 2025

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!