Ni ubutumwa yatanze mu ijoro ryo ku wa 22 Kamena 2025, nyuma y’uruzinduko yagiriye i Kinshasa rwari rugamije kwagura ubufatanye bwo kurwanya imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa RDC, binyuze muri ‘Operation Shujaa’.
Yagize ati “Wazalendo ni umutwe w’abagizi ba nabi bidasubirwaho! Nizera ko ingabo zihuriweho za UPDF na FARDC tuzabagabaho ibitero, aho twababona hose. Keretse nibamenya ubwenge, bakarambika intwaro.”
Uyu musirikare yasobanuye ko Wazalendo imaze igihe kinini yica abaturage ku bice by’umupaka ingabo za Uganda (UPDF) zidakoreramo, agaragaza ko nibakomeza kwica, bazabiryozwa.
Ati “Wazalendo bishe abantu bacu mu bice byo ku mupaka wacu tudakoreramo. Ntabwo tuzategereza kubanza kubifata. Nibica abantu bacu, bazishyura.”
Wazalendo ikorana n’ingabo za RDC mu kurwanya ihuriro AFC/M23 rigenzura ibice byinshi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo. Leta ifata Wazalendo nk’Inkeragutabara zikunda igihugu.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!