00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gen Burhan uyobora Sudani yafatiwe ibihano na Amerika

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 17 January 2025 saa 11:15
Yasuwe :

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko yafatiye ibihano Gen Abdel Fattah al-Burhan, Perezida w’inzibacyuho wa Sudani.

Minisiteri y’Imari muri Amerika kuri uyu wa 16 Mutarama 2025 yasobanuye ko uyu musirikare yahungabanyije umutekano wa Sudani yifashishije ingabo ze (SAF), arenga ku ihame rya demokarasi.

Mu byo Gen Burhan ashinjwa, harimo kugaba ibitero ku basivili bari mu masoko, abari mu bigo by’amashuri ndetse n’ibitaro, kandi ngo mu ntambara ahanganyemo n’umutwe witwaje intwaro wa RSF, yanze ko abatabazi bageza ku basivili ibirimo ibiribwa.

Ibi biro byagize biti “SAF ya Burhan yagabye ibitero ku basivili, birimo iby’indege yagabye ku bikorwaremezo birimo amashuri, amasoko n’ibitaro. Ni yo yakumiriye ibikorwa by’ubutabazi, yifashisha uburyo bwo gukumira ibiribwa nk’amayeri y’intambara.”

Yasobanuye ko hashingiwe kuri ibi bihano, imitungo Gen Burhan ashobora kuba afite muri Amerika mu buryo butaziguye cyangwa buziguye izafatirwa, kandi ko ibigo yaba afiteyo na byo bizahagarikwa.

Gen Burhan afatiwe ibi bihano nyuma y’aho tariki ya 7 Mutarama 2025, Gen Mohamed Hamdan Dagalo uyobora RSF na we yafatiwe ibihano, ashinjwa guhungabanya umutekano wa Sudani.

Amerika yashinje Gen Burhan kugaba ibitero ku basivili
Impande zombi zihanganye muri Sudani zishinjwa kurasa aho zibonye hose, zititaye ku mutekano w'abaturage

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .