Uyu mugabo w’imyaka 62, Jeune Afrique yatangaje ko ari umwe mu bayobozi bari inshuti z’akadasohoka za Perezida Ali Bongo Ondimba.
Michaël Moussa Adamo bivugwa ko yitabiriye inama y’abaminisitiri agaragara nk’unaniwe cyane, biba ngombwa ko baba bamushyize mu cyumba cyihariye mu gihe inama yari itaratangira.
Abaganga bo mu biro bya Perezida nibo bahise bamwitaho, nyuma bikomeye bamujyana ku bitaro bya gisirikare mu murwa mukuru Libreville.
Byatangajwe ko yashizemo umwuka ahagana saa sita z’amanywa ku isaha yo muri Gabon.
Michaël Moussa Adamo yari amaze imyaka 30 aziranye na Perezida Bongo. Yabaye ushinzwe ibiro bya Bongo ubwo yari Minisitiri w’ingabo hagati ya 1999 na 2009.
Uyu mugabo kandi yabaye Ambasaderi wa Gabon muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mbere yo kuba Minisitiri w’ububanyi n’amahanga.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!