00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Centrafrique: Umubiligi yatawe muri yombi na Wagner

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 31 May 2024 saa 10:10
Yasuwe :

Umubiligi ukorera umuryango 360FHI w’Abanyamerika muri Repubulika ya Centrafrique, yatawe muri yombi n’abarwanyi b’umutwe w’igisirikare cyigenga wa Wagner, ukomoka mu Burusiya.

Ibiro ntaramakuru Belga by’Ababiligi, byasobanuye ko uyu Mubiligi ukomoka muri Portugal yafatiwe aho abarwanyi ba Wagner basakira abantu, azira kuterekana ibyangombwa bimuranga.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bubiligi yatangaje ko yamenye amakuru y’ifatwa ry’uyu mwenegihugu utatangarijwe amazina, kandi ko iri gukurikiranira hafi ikibazo cye.

Umuvugizi w’iyi Minisiteri, Wouter Poels, yagize ati “Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yahawe aya makuru na Ambasade ya Cameron. Turi gukurikiranira hafi iki kibazo ariko kubera ko ari icy’umuntu ku giti cye, ntabwo twakivugaho byinshi.”

Wagner ikorana n’ingabo za Centrafrique hashingiwe ku masezerano y’ubufatanye iki gihugu cyagiranye na Leta y’u Burusiya. Abarwanyi bayo barinda abayobozi bakuru, ibikorwaremezo ndetse n’uduce turimo ibirombe by’amabuye y’agaciro.

Ubu bufatanye bwatangiye ubwo imitwe yitwaie intwaro itandukanye yatangije muri Centrafrique ibitero bigari byari bigamije gukuraho ubutegetsi bwa Perezida Faustin Archange Touadéra mbere y’amatora yabaye mu mpera za 2020.

Abarwanyi ba Wagner bafite inshingano zirimo kurinda abayobozi bakuru

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .