Ni icyemezo cyafatiwe mu biganiro byahuje abarimo abahagarariye igisirikare n’izindi nzego z’umutekano, abo muri sosiyete sivile ndetse n’abo mu Nteko Ishinga Amategeko y’inzibacyuho kuri uyu wa 25 Gicurasi 2024.
Nk’uko ibiro ntaramakuru AP (Associated Press) byabitangaje, Colonel Moussa Diallo uyoboye itsinda rya komite yateguye ibi biganiro, yagize ati “Igihe cy’inzibacyuho kizarangira mu mezi 60, azabarwa guhera tariki ya 2 Nyakanga 2024.”
Ibi biro ntaramakuru byasobanuye ko bamwe mu bitabiriye ibi biganiro bari banze ko Capt Traoré yongezwa imyaka itanu y’ubuyobozi. Bifuzaga ko haba amatora mu gihe cya vuba kugira ngo iki gihugu kiyoborwe n’umusivili nk’uko byahoze mbere ya Lt Col Sandaogo, ariko ntacyo byatanze.
Ubwo abasirikare bayobowe na Capt Traoré bakuragaho ubutegetsi bwa Lt Col Sandaogo, bari basezeranyije abaturage ko biteguye gukuraho ibibangamiye umutekano w’igihugu birimo ibikorwa by’iterabwoba by’imitwe ishamikiye kuri Islam.
Gusa kugeza ubu muri Burkina Faso haracyari ubwiganze bw’ibikorwa by’iterabwoba kuko igenzura igice kinini cy’iki gihugu.
Capt Traoré yafashe icyemezo cyo kwitabaza u Burusiya kugira ngo buzamufashe gutsinsura iyi mitwe.
Ubutegetsi bw’inzibacyuho bwa Burkina Faso bwari bwarasezeranyije abaturage ko muri Nyakanga 2024 hazaba amatora y’Umukuru w’Igihugu n’abagize Inteko Ishinga Amategeko.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!