00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Cap. Traoré yahamije ko Burkina Faso itigeze icana umubano n’u Bufaransa

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 4 Gashyantare 2023 saa 05:59
Yasuwe :

Nyuma y’iminsi 10, Burkina Faso itegetse ingabo z’u Bufaransa kuva muri iki gihugu bitarenze ukwezi kumwe, Perezida w’inzibacyuho, Traoré yavuze ko nta gucana umubano kwabayeho hagati y’bihugu byombi.

Yabigarutseho mu mbwirwaruhame y’isaha yanyuze kuri televiziyo y’igihugu.

Mu ntambara yo kurwanya iterabwoba, Traoré yatanze icyizere cy’impinduka hamwe no gushyiraho abakorerabushake ngo barwanire igihugu cyabo aho abazashyirwa mu myanya bazaba bagera ku bihumbi 90.

Traoré yahakanye iby’uko muri iki gihugu hari abacanshuro bo mu mutwe w’abarwanyi b’Abarusiya, witwa Vagner.

Ikindi yagarutseho ni uko amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare Burkina Faso yari ifitanye n’u Bufaransa agifite agaciro.

Yavuze ko kugeza ubu ubutwererane mu bya dipolomasi utigeze uhagarara ahubwo ari uko hari ibitarumvikanweho birimo kuba ingabo z’abafaransa zaranze guha abakorerabushake ibikoresho byo kurwanira igihugu cyabo.

Ku bijyanye n’uruhare rwa Burkina Faso mu muryango wa G5 Sahel, capitaine Ibrahim Traoré, yijeje ko azafata icyeemzo nyuma gusesengura ibyo uyu muryango wagezeho kuva washingwa.

Ibrahim Traoré uyoboye Burkina Faso mu nzibacyuho yavuze ko umubano w'igihugu cye n'u Bufaransa nta cyawuhungabanyije

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .