Abahitanywe n’iyi nkangu bari hamwe mu muhango wo gushyingura ku kibuga cyari munsi y’ubutaka bufite metero 20 z’ubuhagarike, bukaba ari bwo bwabagwiriye nk’uko abatangabuhamya babibwiye Reuters.
Nyuma y’abo byamenyekanye ko bapfuye, ibikorwa byo gushakisha indi mirambo byari bikomeje nk’uko ubuyobozi bw’ibanze muri ako gace bwabibwiye itangazamakuru.
Yaoundé ni umwe mu mijyi yo muri Afurika igwamo imvura nyinshi kandi ukaba ugizwe n’uruhererekane rw’imisozi.
Imvura idasanzwe yatumye iki gihugu cyibasirwa n’imyuzure muri uyu mwaka byangije ibikorwaremezo ndetse bituma abaturage benshi bava mu byabo.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!