Ku wa 18 Mata 2025, Abakiristu Gatolika bizihije uwa Gatanu Mutagatifu, bazirikana ububabare bwa Yezu umucunguzi wabo, ndetse bakanaramya umusaraba yabambweho kugira ngo abacungure.
Ni imihango yakozwe ku Isi hose. By’umwihariko mu Burundi, Perezida Ndayishimiye wari waherekejwe n’umuryango we, yafashe umwanya wo guheka umusaraba ayobora abandi bajya kuwuramya.
Perezidansi y’u Burundi yatangaje ko Perezida Ndayishimiye “yitabiriye inzira y’umusaraba akifatanya na Yezu wababaye.”
Gusa iki gikorwa cyatumye benshi ku mbuga nkoranyambaga bamunenga bavuka ko yagombaga kuba ari “gukemura ibibazo byabarundi byibura ngo abashakire nibitoro none yibereye muguterura imisaraba yibiti bya gereveriya.”




TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!