00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Burkina Faso: Perezida yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 9 December 2024 saa 02:35
Yasuwe :

Nyuma yo gukuraho Minisitiri w’Intebe no gusesa guverinoma mu buryo butunguranye, Perezida Ibrahim Traore yashyizeho Rimtalba Jean Emmanuel Ouedraogo nka Minisitiri w’Intebe mushya, amuvanye mu nshingano yari asanzwemo zo kuba Minisitiri w’Itumanaho n’Umuvugizi wa Guverinoma.

Uyu mugabo yigeze kuba Umwanditsi Mukuru wa Televiziyo y’Igihugu, akaba asanzwe azwiho kuba ari inshuti magara ya Perezida Traore, ndetse n’umwe mu bakunze kuvugira ubutegetsi bwe cyane, dore ko yabugiyeho akiri muto kandi igihugu gihanganye n’ibitero bikomeye, benshi bagatangira kumwibazaho.

Perezida Traore yakuyeho Apollinaire Joachim Kyelem de Tambela wahoze ari Minisitiri w’Intebe ubwo yafataga ubutegetsi, hari muri Nzeri 2022.

Amakuru avuga ko izi mpinduka zitunguranye zishobora kuba zifitanye isano n’umwuka mubi wari umaze iminsi ugaragara mu gihugu, cyane cyane nyuma y’urupfu rw’abarenga 200 bicwe n’imitwe y’iterabwoba, bikaba ikimenyetso simusiga cy’intege nke za Perezida Traore waje ku butegetsi afite intego yo guhangana n’ibi bikorwa.

Bivugwa ko benshi mu baturage batangiye kwijundika uyu mugabo bamushinja kutagira icyo akora mu guhindura ibintu mu gihugu, ibi bikiyongeraho ubukene ndetse no kuba Leta idafasha abarenga miliyoni ebyiri bakuwe mu byabo n’intambara.

Mu gihe rero umwuka utangiye kuba mubi mu gihugu, Perezida Traore ari gutangira gukorana n’abantu yizera cyane, dore ko amakuru avuga ko uyu mugabo amaze no gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, ibirushaho gutuma ibintu bigana ahabi.

Perezida Traore yakoze impinduka muri guverinoma

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .