00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bintou Keita wa MONUSCO yizeye kubona amahoro nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 15 June 2025 saa 01:22
Yasuwe :

Umuyobozi w’Ubutumwa bw’Amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO), Bintou Keita, yagaragaje ko yizeye ko kugera ku mahoro bishoboka, nyuma yo guhura n’abarimo abayobozi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bw’iki gihugu.

Bintou yageze mu Mujyi wa Goma ugenzurwa na AFC/M23 tariki ya 12 Kamena 2025, kugira ngo amenye uburyo umutekano uhagaze mu bice bigenzurwa n’iri huriro. Ni amakuru azageza ku Kanama ka Loni gashinzwe umutekano tariki ya 27 Kamena.

Uretse kuganira n’abayobozi ba AFC/M23, Bintou yanaganiriye n’Umuyobozi w’Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo ziri muri RDC (SAMIDRC), Gen Maj. Monwabisi Dyakopu, ndetse n’abasirikare bari mu butumwa bwa Loni.

Ubwo yarangizaga uru ruzinduko rw’iminsi itatu, Bintou yagize ati “Ubwo kajugujugu yagwaga ku kigo cya MONUSCO, byakuruye amarangamutima menshi. Mu biganiro nagiranye n’abo twahuye, numvise icyizere. Nizeye ko ibaniro by’amahoro bikomeje bizatanga umusaruro ufatika.”

Ni ubwa mbere Bintou yari agiriye uruzinduko mu Mujyi wa Goma kuva wafatwa na AFC/M23 muri Mutarama 2025. Ubusanzwe iri huriro ryanengaga ko abogamira kuri Leta ya RDC, ntashake kumva ibitekerezo cyangwa ibyifuzo by’urundi ruhande.

Uruzinduko rwa Bintou Keita rwatangiye tariki 12 Kamena, rurangira ku ya 15 Kamena
Yaganiriye n'abayobozi ba AFC/M23, bamusobanurira uko umutekano uhagaze
Gen Maj Dyakopu wa SAMIDRC ni umwe mu bamwakiriye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .