Ku wa 24 Werurwe 2025, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu wa Angola byatangaje ko Perezida João Lourenço atakiri umuhuza mu bibazo bya RDC n’u Rwanda ahubwo agiye gushyira imbaraga muri gahunda zireba umugabane wose aho kwita ku karere kamwe.
Actualite yanditse ko Lourenço yagejeje bayobozi b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe dosiye ya Faure Gnassingbé nk’umukandida ku mwanya w’umuhuza, bayisuzuma binyuze mu nama yakozwe hifashishijwe ikoranabuhanga barayishyigikira.
Kugira ngo Faure Gnassingbé atangire izi nshingano bisaba ko Inteko Rusange y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ihuza abakuru b’ibihugu na za Guverinoma igomba kumwemeza.
Inama yasuzumiwemo igitekerezo cya Lourenço yahuje abayobozi batandukanye muri Afurika barimo Perezida Mohamed Ghazouani wa Mauritanie, John Dramani Mahama wa Ghana, Visi Perezida w’u Burundi Prosper Bazombanza, Tanzania n’Abayobozi ba Komisiyo ya AU.
AU yiyemeje ko izakomeza gushyira imbaraga mu gushaka ibisubizo birambye ku ntambara yo mu Burasirazuba bwa RDC, no guhamagarira impande zose zirebwa n’ikibazo kugira uruhare gushakira hamwe ibisubizo

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!