00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

AU yashyigikiye ko Perezida Faure Gnassingbé aba umuhuza mu biganiro bya RDC n’u Rwanda

Yanditswe na IGIHE
Kuya 6 April 2025 saa 10:25
Yasuwe :

Umuryango wa Afurika Yunze wagaragaje ko ushyigikiye icyifuzo cya João Lourenço wa Angola ko Perezida wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé amusimbura ku mwanya w’umuhuza mu biganiro bihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kubera intambara zimaze imyaka mu Burasirazuba bw’iki gihugu.

Ku wa 24 Werurwe 2025, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu wa Angola byatangaje ko Perezida João Lourenço atakiri umuhuza mu bibazo bya RDC n’u Rwanda ahubwo agiye gushyira imbaraga muri gahunda zireba umugabane wose aho kwita ku karere kamwe.

Actualite yanditse ko Lourenço yagejeje bayobozi b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe dosiye ya Faure Gnassingbé nk’umukandida ku mwanya w’umuhuza, bayisuzuma binyuze mu nama yakozwe hifashishijwe ikoranabuhanga barayishyigikira.

Kugira ngo Faure Gnassingbé atangire izi nshingano bisaba ko Inteko Rusange y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ihuza abakuru b’ibihugu na za Guverinoma igomba kumwemeza.

Inama yasuzumiwemo igitekerezo cya Lourenço yahuje abayobozi batandukanye muri Afurika barimo Perezida Mohamed Ghazouani wa Mauritanie, John Dramani Mahama wa Ghana, Visi Perezida w’u Burundi Prosper Bazombanza, Tanzania n’Abayobozi ba Komisiyo ya AU.

AU yiyemeje ko izakomeza gushyira imbaraga mu gushaka ibisubizo birambye ku ntambara yo mu Burasirazuba bwa RDC, no guhamagarira impande zose zirebwa n’ikibazo kugira uruhare gushakira hamwe ibisubizo

Perezida Faure Gnassingbé ni we ugiye gusimbura João Lourenço wa Angola

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .