Ni umuhuro waranze n’ibyishimo by’abaturage byagaragaraga ku masura yabo ariko bikanumvikana no mu majwi yabo.
Abayobozi b’Umutwe wa M23 bagendaga binjira muri stade umwe kuri umwe, abaturage bakabakira mu byishimo bidasanzwe.
Muri uyu muhuro kandi hagaragaye umubare munini cyane w’urubyiruko rwo muri Goma rwifuza kwinjira mu mutwe wa gisirikare wa M23.
Manzi Ngarambe Willy wagizwe Visi-Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru ushinzwe ibijyanye na politiki, ubuyobozi, n’amategeko, abinyujije ku rukuta rwe rwa X, yasezeranyije imiyoborere itanga umusaruro.
Ati “Mwizere amahoro, umutekano, iterambere, ibikorwaremezo, guhanga imirimo, isuku, kubana, ishoramari, ubuhinzi n’ibindi.”
Yabwiye abaturage ko ahazaza ari heza, ati “Ahazaza hazira impunzi, ruswa, inzara, amakimbirane ndetse n’intugunda zishingiye ku butaka n’ibindi byinshi. Uyu munsi AFC/M23 bahisemo kubaka mu rugo heza aho buri muturage wese wa Congo ahawe ikaze, yishimiwe kandi afite umutekano.”
Yashimiye abamugiriye icyizere bakamuha inshingano.
Iki gikorwa, kibaye mu gihe hashize iminsi ibiri Umutwe wa M23 utangaje ko wafashe agahenge mu rwego rwo korohereza abakeneye ubutabazi kugira ngo babuhabwe.
Hagati aho, ubuyobozi bwijeje abaturage ko abahunze bagasiga imitungo yabo, imwe ikaba yarigaruriwe n’abandi bantu, bazayisubizwa mu buryo bwuzuye.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!