Ambasaderi Stéphane Romatet yagaragarijwe ko ubuyobozi bukuru bwa Algeria bubabajwe bikomeye n’ubushotoranyi n’ibikorwa binyuranye by’ubugizi bwa nabi bikorwa n’igihugu cye.
Ikinyamakuru Le Soir cyo muri Algerie cyanditse ko ubuyobozi bw’igihugu bwamugaragarije mu buryo bweruye ko ubwo bugizi bwa nabi bukorwa n’urwego rw’u Bufaransa rushinzwe ubutasi bwo hanze y’igihugu.
Amakuru avuga ko abatasi b’Abafaransa bashakaga guha akazi abahoze mu bikorwa by’iterabwoba ngo bahungabanye umutekano w’igihugu.
Ibinyamakuru byo muri Algerie byatangaje ko abadipolomate n’abatasi b’u Bufaransa bakoze inama zitandukanye n’abantu bazwiho kutifuriza ineza ubutegetsi bw’igihugu.
Umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi ukomeje kwiyongera nyuma y’uko umwanditsi w’Umufaransa ukomoka muri Algerie, Boualem Sansal yafatiwe muri Algerie agafungwa ashinjwa guhungabanya ubusugire bw’igihugu.
Algerie yari imaze amezi ihamagaje ambasaderi wayo mu Bufaransa, nyuma y’uko iki gihugu gishyigikiye umugambi wa Maroc ku gace ko mu burengerazuba bwa Afurika [Western Sahara] kamaranirwa n’ibihugu byo mu Majyaruguru y’Iburengerazuba bwa Afurika.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!