Air Tanzania ni imwe muri sosiyete z’indege zashyizwe ku rutonde ruzwi nka EU Air Safety List, rugaragaza ibigo bitemerewe gukorera ingendo z’indege mu Burayi.
Kugira ngo ikigo gishyirwe kuri urwo rutonde harebwa amasuzuma yagiye akorwa n’urwego rushinzwe iby’indege mu gihugu icyo kigo gikomokamo ndetse no kureba niba iyo sosiyete isanzwe ifite ubudakemwa mu by’ingendo zo mu kirere.
Bivuze ko Air Tanzania nta ngendo yemerewe gukorera mu Burayi, ndetse bikaba n’ikimenyetso ku bagenzi mpuzamahanga bajyaga bayikoresha ko bakwiriye kwigengesera.
Mu gihe sosiyete ishyize mu bikorwa ibibazo yagaragarijwe, ishobora kuvanwa kuri urwo rutonde.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!