00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Afurika y’Epfo yatsimbaraye ku birego bya Jenoside yashinje Israel muri ICJ

Yanditswe na IGIHE
Kuya 14 February 2025 saa 04:27
Yasuwe :

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo, Ronald Lamola, yatangaje ko igihugu cye kitazahwema kurega Israel mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICJ) ku byaha bya Jenoside ikorerwa muri Gaza.

Afurika y’Epfo yatanze ikirego muri ICJ mu Ukuboza 2023, igaragaza ibikorwa by’Ingabo za Israel muri Gaza bigize icyaha cya Jenoside.

Mu minsi ishize Perezida wa Amerika, Donald Trump yasinye iteka rihagarika inkunga iki gihugu cyahaga Afurika y’Epfo, ayishinja gutesha agaciro gahunda z’ububanyi n’amahanga za Amerika, gufata imyanzuro irimo ubushotoranyi nko kujyana mu nkiko igihugu cy’inshuti ya Amerika, kugirana ubufatanye na Iran mu bya gisirikare, ubucuruzi no gukora ibisasu by’ubumara hamwe n’itegeko rihembera irondaruhu no gushaka kwambura abazungu ubutaka.

Minisitiri Lamola yabwiye Financial Times ati “Kudatezuka ku mahame yacu rimwe na rimwe hari igihe bitubyarira ingaruka ariko turacyahamya ko ibi ari ngombwa mu nyungu z’Isi no mu murongo wo kugendera ku mategeko.”

Lamola yahamije ko ibihano bya Amerika bitabaca intege mu gukomeza kurega Israel ku byaha bya Jenoside.

Ibihano Amerika yafatiye Afurika y’Epfo byatumye Perezida Ramaphosa asa n’uwinjiye mu ntambara y’amagambo na Trump.

Ramaphosa yavuze ko yiteguye kurwanira inyungu z’igihugu cye mu bya dipolomasi na demokarasi ku buryo igihugu cye kitazasuzugurika.

Minisitiri Lamola yavuze ko igihugu cye kitazareka kurega Israel kubera ibihano bya Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .