00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Afurika y’Epfo yatangaje ko BRICS idateganya gushyiraho ifaranga ryayo

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 4 December 2024 saa 05:09
Yasuwe :

Guverinoma ya Afurika y’Epfo yanyomoje Donald Trump uzatangira kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Mutarama 2025, nyuma y’aho atangaje ko umuryango wa BRICS uyobowe n’u Burusiya ufite umugambi wo gushyiraho ifaranga ryawo.

Tariki ya 1 Ukuboza 2024, Trump yatangaje ko uyu mugambi wa BRICS ugamije guhagarika gukoresha idolari rya Amerika, gusa avuga ko azawitambika, ashyirireho ibihugu byo muri uyu muryango ibihano.

Uyu munyapolitiki yasobanuye ko mu gihe ibihugu byo muri uyu muryango byashyiraho iri faranga cyangwa se bigashyigikira irindi ryasimbura idolari, ibicuruzwa bibiturukamo bizajya bicibwa umusoro uri ku gipimo cya 100% mu gihe bigeze muri Amerika.

Yagize ati “Bizajya bicibwa umusoro ku 100% kandi bizasezerera gucururiza muri Amerika ihebuje. Bizajya gushaka ikindi gihugu! Nta mahirwe BRICS ifite yo gusimbuza idolari rya Amerika mu bucuruzi mpuzamahanga, kandi igihugu cyabigerageza kizasezera kuri Amerika.”

Afurika y’Epfo ni kimwe mu bihugu bigize BRICS. Ibiro byayo bishinzwe ububanyi n’amahanga byatangaje ko uyu muryango ushyigikiye ko ibihugu biwugize byahahirana bikoresheje amafaranga yabyo, aho gutangiza ifaranga rishya.

Ibi biro byagize biti “Hari ibiherutse gutangazwa, bizana impuha z’uko BRICS iteganya gushyiraho ifaranga rishya. Ibi si ko biri. Ibiganiro biri muri BRICS birebana n’ubucuruzi hagati y’ibihugu biyigize, bikoresheje amafaranga yabyo.”

Byakomeje bisobanura ko Afurika y’Epfo ishyigikiye ko amafaranga y’ibihugu yakoreshwa kurushaho mu isoko mpuzamahanga, muri serivisi z’imari no mu mishinga yo kubaka ibikorwaremezo, aho kwibanda ku byo kwitandukanya n’idolari.

BRICS igizwe na Brazil, u Burusiya, u Buhinde, u Bushinwa, Afurika y’Epfo, Iran, Misiri, Ethiopia na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu. Byose byemeranya ku gitekerezo cy’uko politiki mpuzamahanga y’imari ivugururwa, ariko icyo kwitandukanya n’idolari cyo ntibiracyemeranyaho.

Donald Trump yatangaje ko BRICS ishaka gushyiraho ifaranga ryayo, aburira ibihugu biyigize
Afurika y'Epfo yasobanuye ko BRICS ishyigikiye ko amafaranga y'ibihugu biyigize akoreshwa kurushaho mu isoko mpuzamahanga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .