00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Afurika y’Epfo: Imamu wavugiraga abaryamana n’abo bahuje ibitsina yishwe arashwe

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 17 February 2025 saa 05:57
Yasuwe :

Umuyobozi w’Umusigiti, Imamu Muhsin Hendricks, uri mu bakoreraga ubuvugizi abantu babarizwa mu muryango w’abaryamana n’abo bahuje ibitsina (LGBTQIA+) muri Afurika y’Epfo, yishwe arashwe.

Polisi yatangaje ko impamvu y’iraswa rye itaramenyekana kuko igikomeje iperereza cyane ko yasanzwe yarasiwe mu modoka ye mu mpera z’icyumweru gishize.

Amashusho ya Camera z’umutekano agaragaza ko hari imodoka yo mu bwoko bwa Pickup, yitambitse uwo mugabo ubwo yari ari kugenda, havamo umugabo wambaye imyenda y’umukara n’ibintu bimuhisha mu maso asatira imodoka y’uwishwe neza neza ku idirishya yari yicayeho.

Polisi yatangaje ko ibyo byabaye ku wa Gatandatu mu gitondo, Tariki ya 15 Gashyantare ahagana saa 10:00 ari na bwo uwo mugabo wari ufite imyaka 58 yishwe.

Kugeza ubu hari gushakishwa abagabo babiri bakekwaho kugira uruhare muri urwo rupfu.

Nubwo impamvu yaba yatumye yicwa itaramenyekana, bamwe mu bagize amatsinda y’abaharanira uburenganzira bw’abaryamana n’abo bahuje ibitsina bagaragaza ko bishobora kuba byaturutse ku rwango bafitiwe muri icyo gihugu.

Mu 1996 ni bwo uwo mu imamu yatangaje ko aryamana n’abantu bahuje ibitsina, aba uwa mbere ku Isi weruye ko afite iyo miterere ari umuyobozi w’umusigiti.

Ibyo byatumye umusigiti yayoboraga uba nk’ubuhungira ku bayisilamu baryamana n’abo bahuje ibitsina muri Afurika y’Epfo kuko yabakoreraga ubuvugizi ndetse akemera no kubashyingira.

Inama y’Abayisilamu ishinzwe ubutabera muri Afurika y’Epfo, yamaganye iby’urupfu rwa Imamu Muhsin Hendricks n’ibindi bikorwa by’urugomo bikorerwa abantu bagize umuryango w’abaryamana n’abo bahuje ibitsina muri icyo gihugu.

Yibukije ko nubwo yamaganye ibyo itemeranya n’imyemerere y’uwo mu Imamu.

Hari amakuru atangazwa ku mbuga nkoranyambaga ko Imamu Muhsin Hendricks, yarashwe agiye gushyigira abagore babiri biyemeje kubana nubwo bitaremezwa na Polisi yo muri icyo gihugu.

Umuyobozi w’Umusigiti, Imamu Muhsin Hendricks, yishwe arashwe n'abantu bataramenyekana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .