Uyu mugabo wageze iwabo akakirwa n’amagana y’abaturage ku Cyumweru, tariki 23 Werurwe 2025, yavuze ko adatashye ku bushake bwe ariko nta kibazo kirimo.
Ati “Ntabwo yari amahitamo yanjye kugaruka mu rugo, ariko ntashye ntacyo nicuza.”
Umubano hagati ya Amerika na Afurika y’Epfo watangiye kuzamo igitotsi nyuma y’uko hatowe itegeko riha Leta ububasha bwo gutwara ubutaka bw’abazungu nta ngurane ibahaye, mu gihe bugiye gukoreshwa inyungu rusange.
Perezida wa Amerika, Donald Trump yahise atangaza ko Afurika y’Epfo ifite ibibazo bikomeye mu butegetsi bwayo, bidateye kabiri ahita ahagarika inkunga zose igihugu cye cyahaga Afurika y’Epfo.
Umunyamabanga wa Amerika ushinzwe ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, aherutse gutangaza ko Ebrahim Rasool yirukanwe nyuma yo kuvuga ko gahunda ya Trump yo kugarura ishema n’igitinyiro bya Amerika ihatse ibikorwa bigamije gusumbanya Abanyamerika b’ingeri zitandukanye.
Ebrahim Rasool uri mu barwanyije politike y’ivangura ya apartheid yasobanuye ko yabwiraga inshabwenge z’abanyapolitike bo muri Afurika y’Epfo n’abandi ko uburyo bwa kera bwo kubana na Amerika butakigezweho.
Ati “Keretse duhinduye uburyo tuganira na Amerika, uburyo dufata Amerika kuko ntikiri nk’imwe ya Obama, n’iya Clinton. Ni Amerika itandukanye bityo tugomba guhindura ururimi tuganiramo mu buryo bw’ibyo dukorana kandi tugakoresha imvugo zishobora kumvwa n’abantu bamaze kwiyemeza kujya mu ruhande rw’abazungu bo muri Afurika y’Epfo.”
Trump yamaze kwemerera abazungu b’abahinzi babaga muri Afurika y’Epfo kujya gutura muri Amerika.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!