00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Afurika y’Epfo: Abazungu bari mu mazi abira nyuma yo kuganira n’abayobozi ba Amerika

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 28 February 2025 saa 11:53
Yasuwe :

Abayobozi b’amatsinda aharanira uburenganzira bw’abazungu bo muri Afurika y’Epfo irimo AfriForum na Solidarity bari gukurikiranwa hafi n’inzego za Leta, nyuma yo kujya muri Amerika no guhura na bamwe mu bagize ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump.

Ku wa 25 Gashyantare 2025, abavuganira abazungu bo muri Afurika y’Epfo basabye Amerika gufatira ibihano abayobozi b’ishyaka riri ku butegetsi rya ANC.

Umuyobozi muri AfriForum, Kallie Kriel, yatangaje ko ibiganiro byabo n’ibiro by’Umukuru w’Igihugu wa Amerika byatewe nuko Guverinoma ya Afurika y’Epfo yanze kubakemurira ikibazo.

AfriForum yahamije ko yasanze ibibazo biri muri Afurika y’Epfo bizwi muri White House, ndetse itegeko Leta yashyizeho riyemerera gutwara ubutaka mu nyungu rusange cyangwa aho isanze ari ngombwa nta ngurane nyirabwo ahawe ribangamiye uburenganzira ntayegayezwa ku mutungo.

Uru rugendo rwavugishije Abanya-Afurika y’Epfo ku mbuga nkoranyambaga aho bavuze ko babifata nk’ubugambanyi, kuko bagiye gushaka ibisubizo bya politike y’imbere mu gihugu ku banyamahanga.

Depite Carl Nieahaus wo mu Ishyaka Economic Freedom Fighters (EFF) rya Julius Malema, yasabye ko igihe bagaruka muri Afurika y’Epfo bahita bafungwa kubera ubugambanyi.

Ati “Bose bakwiriye guhita bafungwa kubera ubugambanyi, kubera ko barengereye rwose.”

Abaharanira uburenganzira bw'abazungu muri Afurika y'Epfo basuye Amerika basabiwe gukurikiranwaho ubugambanyi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .