Imyuzure yasenye inzu zo mu duce twa Durban na KwaZulu-Natal, intara ya gatatu ituwe cyane mu gihugu. Inzu nyinshi zo muri ako gace ubu zimaze gusenyuka.
Perezida Cyril Ramaphosa yatangaje ko ibi byago byatewe n’imihindagurike y’ibihe ariko bamwe mu baturage mu gihugu bavuga ko isenyuka ry’inzu ryatewe n’imyubakire itajyanye n’igihe.
Byitezwe ko iki kibazo kizarushaho kugira ingaruka ku baturage ba Afurika y’Epfo basanzwe bibasiwe n’ibibazo birimo ubushomeri ndetse n’ubukungu bwasubiye inyuma bitewe n’ingaruka z’icyorezo cya Covid-19.



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!