Mu nama nyafurika yo guteza imbere ubuhinzi iherutse kubera muri Uganda, Josefa yasobanuye ko gupfa ubusa k’uyu musaruro guterwa no kubura kw’ibikorwaremezo byifashishwa mu kuwugeza ku masoko no kutagira ububiko bukwiye bwawo.
Yagize ati “Umusaruro w’abahinzi n’aborozi ugera kuri 30% upfira mu mirima bitewe no kubura ibikorwaremezo n’aho kuwubika.”
Josefa yatangaje ko iyi ari imwe mu mbogamizi zatumye umugabane wa Afurika utagera ku ntego wihaye yo kugera ku manota 7,8/10 yo kugabanya inzara. Ibihugu 18 byonyine muri 54 bigize uyu mugabane ni byagize amanota 5/10 kuzamura.
Ati “Nubwo ibihugu byateye intambwe, byananiwe kugera ku muhigo wa 7,8/10 mu kurandura inzara. Ibihugu bigera kuri 18 byagize amanota ari hejuru y’atanu.”
Yasobanuye ko ubwo ibihugu bya Afurika byahuriraga mu nama yiga ku buhinzi yabereye i Maputo muri Mozambique mu 2003, byemeranyije kugenera uru rwego byibura 10% by’ingengo y’imari, gusa ntibyakozwe.
Izindi mbogamizi zagaragajwe zabaye mu kurwanya inzara harimo indwara z’ibyorezo nka Covid-19 ndetse n’ibiza bikomeye birimo imyuzure ndetse n’amapfa.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!