Nk’uko byasobanuwe n’Umuvugizi wa AFC/M23 kuri uyu wa 2 Kamena 2025, ibi bitero byagabwe mu bice bituwe cyane kuva tariki ya 23 kugeza ku ya 29 Gicurasi 2025, birimo Rugezi muri teritwari ya Fizi na Mikenke muri Walungu.
Yagize ati “Muri Rugezi: FDLR, FARDC n’ingabo z’u Burundi zikorera muri Kizura na Rulenge, byagabye ibitero byatwaye ubuzima bw’abantu.”
Yasobanuye ko muri Mikenke na Kalingi, hagabwe ibitero n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo isanzwe ikorera mu gace ka Kipupu na Zero, muri Bijabo na Bibokoboko hagabwe igitero n’ingabo z’u Burundi, zifatanyije na Wazalendo.
AFC/M23 yatangaje ko ibi bitero byose byapfiriyemo abantu benshi, bishyira abarokotse mu bibazo bikomeye.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!