Amakuru avuga ko Qatar yagize ishyaka ryo gushaka gukemura ikibazo cy’iyi ntambara, ari nayo mpamvu yiyemeje kumva buri ruhande mu zihanganye, igatumira M23, igamije kumva impamvu zayo, kenshi zikunzwe kwirengagizwa ku rwego mpuzamahanga.
Kimwe mu byakomeje kunengwa impande zishaka gukemura ikibazo cyo mu Burasirazuba bwa RDC, ni uko zitahaga M23 umwanya wo gusobanura impamvu zayo, kandi ari uruhande rurebwa n’iki kibazo mu buryo butaziguye.
Qatar yatumiye M23 nyuma y’uko ku itariki ya 18 Werurwe, Emir wa Qatar yahuje Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu biganiro bigamije guhosha umwuka mubi umaze igihe hagati y’ibihugu byombi.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar yatangaje ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Sheikh Tamim bashimangiye ubushake bw’impande zirebwa n’umwanzuro wo guhagarika imirwano mu Burasirazuba bwa RDC wafashwe n’abakuru b’ibihugu byo muri Afurika.
Abakuru b’ibihugu kandi bemeranyije “Gukomeza ibiganiro byatangijwe na Doha, bigamije gushyiraho umusingi ufatika ugamije gushaka amahoro arambye, bijyanye n’ibiganiro bya Luanda na Nairobi byahujwe muri iki gihe.”
Icyakora nyuma y’ibi biganiro, Umuyobozi w’Ihuriro AFC/M23 yagaragaje ko abarwanyi b’iryo huriro batazaha agaciro imyanzuro yafatiwe mu biganiro byahuje Perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi mu gihe yaba idakemura ibibazo byabo.
Hagati aho, hari hashize igihe gito AFC/M23 itangaje ko itazitabira ibiganiro by’amahoro byari kuyihuriza na Leta ya RDC i Luanda muri Angola, isobanura ko yabitewe n’ibihano umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wafatiye bamwe mu bayobozi bayo.
Abayobozi bo muri AFC/M23 bafatiwe ibi bihano, bisabwe na Guverinoma y’u Bubiligi, na yo yabisabwe na Tshisekedi. Iri huriro ryagaragaje ko ntacyo bizatanga, keretse kwenyegeza intambara yo mu Burasirazuba bwa RDC.
Mu kiganiro n’ibiro ntaramakuru Reuters, kuri uyu wa 20 Werurwe Nangaa yagaragaje ko ubutegetsi bwa RDC budashaka kumva ibyifuzo bya AFC/M23, ati “Ntacyo tugifite cyo guhomba. Tuzarwana kugeza ubwo impamvu yacu izumvikana.”
Qatar ni igihugu gifite imbaraga mu bijyanye n’ubuhuza kuko yagize uruhare mu guhosha amakimbirane hirya no hino ku Isi, urwego iki gihugu kimaze kubakamo uburambe bw’igihe kirekire.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!