00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abasirikare barindwi ba Uganda biciwe muri Somalia

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 22 June 2025 saa 07:30
Yasuwe :

Abasirikare barindwi bo mu Gisirikare cya Uganda (UPDF) bari mu butumwa bwo guhangana n’imitwe yitwaje intwaro muri Somalia, bishwe ubwo bafatanyaga n’ingabo za Somalia (SNA) n’iz’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AUSSOM) mu gitero cyo kwambura Umujyi wa Sabiid-Anole inyeshyamba za Al-Shabaab.

Kwigarurira uwo mujyi byakozwe muri operation y’iminsi itatu yiswe ‘Operation Silent Storm’ yabereye mu Mujyi wa Sabiid-Anole uri mu gace ka Lower Shabelle mu Majyepfo ya Somalia hari hari ibirindiro bikomeye by’inyeshyamba za Al-Shabaab.

Sabiid-Anole kari agace k’ingenzi mu bijyanye n’itumanaho ry’inyeshamba za Al-Shabaab ndetse no gukora igenamigambi mu bijyanye n’ibitero.

Abasirikare ba UPDF baguye muri icyo gitero ubwo bageregezaga kurwana n’izo nyeshyamba bazisanga mu myobo zari zihishemo.

Umuvugizi w’Ingabo za Uganda, Brigadier General Felix Kulayigye, yavuze ko abo basirikare baharaniye amahoro kandi bitangiye igikorwa cy’ubutwari.

Ikinyamakuru Chimp Report cyanditse ko muri iyi mirwano inyeshyamba zigera 30 za Al-Shabaab zishwe ndetse uwo mutwe wamburwa intwaro ndetse n’ahari hatezwe ibisasu harangizwa.

Umuyobozi wa AUSSOM, Lt Gen Sam Kavuma, yashimye ubutwari izo ngabo zihuriweho zagize mu guhangana na Al-Shabaab avuga ko iyo ari inzira nziza yo gushyira umutekano mu maboko y’ingabo za Somalia.

Ati “Ndashimira ubutwari bw’ingabo zacu za AUSSOM, UPDF hamwe n’Ingabo za Leta ya Somalia. Iki gikorwa kiri mu bigize umuhate wacu wo guca intege Al-Shabaab ngo dufashe Leta ya Somalia kwishakamo ubushobozi kuko mu gihe kizaza inshingano z’umutekano zizashyirwa mu maboko y’Ingabo za Somalia ubwazo.”

Nyuma y’icyo gitero uwo Mujyi wahise usubira mu maboko y’Ingabo za Leta ya Somalia ndetse kurwanya inyeshyamba za Al-Shabaab byakomereje mu Mujyi wa Afgooye na wo uri muri ako gace ka Lower Shabelle.

Biteganyijwe ko imirambo y’abo basirikare barindwi ba UPDF izasubizwa muri Uganda aho bazashyingurwa mu cyubahiro.

Uganda imaze igihe iri ku isonga mu kugarura amahoro muri Somalia kuva mu 2007 gusa Al-Shabaab iracyagaba ibitero bitandukanye by’iterabwoba.

Abasirikare barindwi ba Uganda biciwe muri Somalia bahangana n'umutwe wa Al-Shabaab

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .