Ingabo zatabaye izi mbohe ni iziri mu bikorwa byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro mu Burasirazuba bwa RDC, bizwi nka ‘Opération Shujaa’.
Zazitabariye mu mirwano yabereye muri teritwari ya Lubero na Beni mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Teritwari ya Irumu na Mambasa muri Ituri.
Muri izi mbohe harimo abagore 13 barimo Abarundikazi babiri, Umunya-Uganda umwe n’abana umunani, nk’uko byasobanuwe n’Ingabo za RDC zikorana n’iza Uganda.
Umuvugizi w’ibikorwa by’Ingabo za RDC byitwa Sokola 1, Lt Mark Hakuzay, yasobanuye ko mu bafashwe harimo n’uwakoranaga bya hafi n’umuyobozi wa ADF, Abou Akasi.
Ingabo za Uganda ziri muri Opération Shujaa kuva mu Ugushyingo 2021. Zatangiye zirwanya ADF, ariko ubu zinarwanya umutwe witwaje intwaro wa CODECO.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!