00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abarundi barenga 100 bafungiwe muri Zambia

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 31 December 2024 saa 09:45
Yasuwe :

Abashinzwe umutekano b’Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka muri Zambia bakoze umukwabu mu bice bitandukanye by’Umurwa Mukuru wa Zambia, Lusaka, usiga abaturage bakomoka mu Burundi barenga 100, biganjemo impunzi, batawe muri yombi, bazira kutagira ibyangombwa bibemerera gutura cyangwa gukorera muri icyo gihugu.

Hari inzego zimwe z’i Burundi zatangaje ko hashobora kuba haratawe muri yombi Abarundi bagera ku 156, mu bikorwa byatangiye hagati mu Ukuboza, ariko bikavugwa ko Abarundi benshi bafashwe ku wa 27 Ukuboza 2024, bazira kutagira ibyangombwa.

Umurundi umwe ukorera i Lusaka wari wafashwe ariko akaza kurekurwa yerekanye impapuro zimwemerera gutura no gukorera muri Zambia yagize ati "Turi gufungwa ahantu hose, ku maduka, mu ngo zacu, ndetse no ku mihanda."

Undi mugabo umaze imyaka myinshi i Lusaka na we yavuze ko "Benshi mu nshuti zanjye barafunzwe. Twamenye ko Abarundi barenga 150 ubu bafunzwe."

Yavuze ko hari abari kwishyura amande bakarekurwa bagasubizwa mu nkambi z’impunzi, abandi badafite ibyangombwa bakajyanrwa ku mupaka wa Tanzania, aho banyura basubizwa mu gihugu cyabo.

Gusa yavuze ko abatabasha kubona amafaranga y’urugendo abakura aho ku mupaka wa Tanzania, ngo barahafungirwa kugeza ubwo bazayabonera, ubundi bakajyanwa ku mupaka wa Mugina, uri hagati y’Intara ya Makamba mu majyepfo y’u Burundi ndetse n’agace ka Kigoma mu majyaruguru y’u Burengerazuba ya Tanzania.

Umuryango utari uwa Leta mu Burundi witwa "ONLCT – Où es ton frère," urwanya icuruzwa ry’abantu, watangaje ko nibura Abarundi bagera ku 156 ari bo bafatiwe i Lusaka mu ijoro ryo ku wa 27 Ukuboza 2024. Yasabye Leta y’u Burundi gukora ibishoboka igasaba ko abo baturage barekurwa.

Umuyobozi w’uyu muryango, Mbarubukeye Prime, yavuze ko urubyiruko rwinshi rw’i Burundi rukomeje kuva mu gihugu rukajya gushakira imibereho mu bihugu birimo Kenya, Zambia, Tanzania, Mozambique na Malawi, bitewe n’ubukene bukabije buri mu gihugu ndetse n’ubushomeri.

Abarundi benshi bafungiwe muri Zambia

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .