00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda: Umunyamategeko mukuru mu bunganira Dr Besigye yangiwe kwinjira mu rukiko

Yanditswe na Nshimiyimana Jean Baptiste
Kuya 3 December 2024 saa 08:34
Yasuwe :

Ababyamategeko 20 barimo Umunyakenya wanabaye Minisitiri w’Ubutabera, Martha Karua bahejejwe inyuma y’umuryango w’urukiko ubwo bari bagiye kunganira Dr Kizza Besigye mu rubanza ashinjwamo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Yoweri Kaguta Museveni.

Kuri uyu wa Mbere Dr Besigye yagombaga kugezwa mu rukiko aherekejwe n’abanyamategeko 50 barimo abanya-Uganda n’abanya-Kenya bose bishyize hamwe bahitamo kuyoborwa na Martha Karua.

Umugore wa Dr Besigye, Winnie Byanyima abinyujije ku rukuta rwa X yatangaje ko Martha Karua wari ku marembo magari y’urukiko, yambuwe isakoshi ye n’abashinwe umutekano.

Ati “Byafashe umwanya munini w’ibiganiro, abashinzwe umutekano bahamagara abababakuriye kugira ngo ako gakapu ke kagarurwe. Ubu abanyamategeko barenga 20 barimo Martha Karua bahejejwe hanze y’urukiko.”

Byaje kurangira bamwe muri abo banyamategeko bemerewe kwinjira ku neza ariko Karua uyoboye itsinda ry’abunganira Dr Besigye ntiyahawe ibyangombwa bimwemerera gukorera muri Uganda.

Karua yasabye ibyangombwa byo gukorera muri Uganda by’agateganyo nk’umwunganizi mu mategeko uzayobora abandi 50 mu rubanza rwa Dr Kizza Besigye.

Dr Besigye yatawe muri yombi ubwo yari muri Kenya, habura umunsi umwe ngo yitabire umuhango wo kumurika igitabo cya Martha Karua ahita ajyanwa muri Uganda, aho agomba kuburanishwa n’urukiko rwa gisirikare.

Leta ya Uganda ishinja Dr Kizza Besigye na Lutale gutunga intwaro mu gihe ababyemerewe ari abashinzwe umutekano gusa.

Dr Kizza Besigye yafatiwe i Nairobi, ashinjwa gushaka kugura intwaro zigamije gukuraho Perida Museveni

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .