Umuyobozi w’iri huriro, Corneille Nangaa, yasobanuye ko iki gitero cyakomerekeyemo abantu 65 barimo batandatu bakomeretse cyane.
Nangaa waganiraga n’abanyamakuru, yagize ati “Igitero cya Bukavu cyapfiriyemo abantu 11 barimo umugore n’uwakigabye. 65 bakomeretse barimo abakomeretse cyane.”
Iki gitero cyagabwe ku bari bitabiriye inama yateguwe n’ubuyobozi bwa AFC/M23, yabereye mu mbuga ngari y’Umujyi wa Bukavu, ahazwi nka ‘Place de l’Indépendance’.
Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko iki gitero cyagabwe hashingiwe ku ibwiriza Perezida Félix Tshisekedi wa RDC yahaye Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo, Jean-Jacques Purusi.
Ibiro bya Perezida wa RDC byo byatangaje ko iki gitero cyagabwe n’ingabo z’amahanga “ziri ku butaka bwa Congo binyuranyije n’amategeko”, gusa abakurikiranira hafi imikorere ya Leta ya RDC babifashe nko kuyobya uburari.
Kanyuka yasobanuye kandi ko abarwanyi ba AFC/M23 bataye muri yombi babiri mu bagabye iki gitero, kandi ko bagishakisha n’abandi bacitse.
Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, yatangaje ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko ibisasu byakoreshejwe muri iki gitero ari iby’ingabo z’u Burundi zisanzwe zikorana n’iza RDC.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!