Zelenskyy yanditse kuri Twitter ko ari mu nzira yerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu gukomeza ubushobozi bw’ukwirwanaho n’ubufatanye bw’ibihugu byombi.
Ni uruzinduko rwa mbere hanze ya Ukraine, Perezida Zelenskyy akoze kuva muri Gashyantare ubwo u Burusiya bwatangiza intambara.
Zelenskyy yerekeje muri Amerika mu gihe iki gihugu kigiye kumuha imfashanyo ya miliyari 1.8 z’amadolari izaba irimo ibikoresho bya gisirikare.
Ku rundi ruhande, abayobozi ba Ukraine batangaje ko umuriro w’amashanyarazi muri Kyiv, wabuze nyuma y’ibitero by’indege by’u Burusiya byibasiye ibikorwaremezo bya gisivili.
Guverineri wa Kyiv, Oleksiy Kuleba, yatangaje ko 80 ku ijana by’uyu mujyi nta mashanyarazi ahari, bikaba bimaze iminsi ibiri.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!