00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zelenskyy yashinje u Bushinwa guha intwaro u Burusiya

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 18 April 2025 saa 09:03
Yasuwe :

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, yatangaje ko u Bushinwa buri gufasha u Burusiya, bukabuha intwaro, izindi bukazikorera ku butaka bw’iki gihugu.

Zelenskyy yabivuze ku wa Kane w’iki Cyumweru ko inzego z’ubutasi za Ukraine zifite ayo makuru, ati “Twiteguye kubivugaho mu buryo burambuye”, ndetse ko yiteguye gushyira hanze inyandiko zigaragaza iby’iyo mikoranire.

Yakomeje ati “Twakiriye amakuru y’uko u Bushinwa buri guha intwaro u Burusiya… tuzi kandi ko abayobozi b’u Bushinwa bari mu biganiro byo gukorera intwaro ku butaka bw’u Burusiya…tubona imikoranire y’ibi bihugu byombi muri iyo ngeri kandi tugomba kwemera ko iri kuba.”

Kuva Zelenskyy yavuga aya magambo ntacyo u Bushinwa buratangaza, gusa hashize igihe bwamagana imvugo z’uko bufasha u Burusiya mu ntambara ibuhanganishije na Ukraine.

Perezida wa Ukraine yashinje u Bushinwa guha intwaro u Burusiya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .