00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zelensky yaburiye ibihugu byo muri OTAN ko u Burusiya bushobora kubitera

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 14 February 2025 saa 09:26
Yasuwe :

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yavuze ko hatagize igikorwa u Burusiya bushobora kugaba ibitero ku bihugu byo mu muryango wo gutabarana wa OTAN, bitarenze umwaka utaha.

Ku wa 14 Gashyantare Zelensky yavuze ko Moscow ishobora kugaba ibyo bitero inyuze muri Belarus aho iri gutegurira no gutorez ingabo zayo zirenga ibihumbi 150.

Yagize ati “U Burisiya buri gutegura diviziyo 15 zigizwe n’abasirikare bari hagati y’ibihumbi 100 na n’ibihumbi 150. Ntabwo nahamya ko izo ngabo zizatera Ukraine, ariko zizagaba ibitero. Nta muntu n’umwe ndi gutera ubwoba. Bashobora kongera kugaba ibitero kuri Ukraine nk’uko babigenje mu 2022, cyangwa bakabigaba kuri Pologne cyangwa bugatera ibihugu nka Estonia, Latvia, na Lithuania.”

Zelensky yavuze ko icyo ari igitekerezo cya Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, bijyanye n’amakuru yakuye mu butasi, akagaragaza ko atekereza ko Moscow ishobora kuzagaba ibyo bitero kuri ibyo bihugu mu mwaka utaha.

Umuburo wa Zelensky uje mu gihe Donald Trump aherutse gutangaza ko agiye kugirana ibiganiro n’u Burusiya bigamije guhoshya intambara muri Ukraine.

Belarus ifitanye umubano ukomeye n’u Burusiya aho mu Ukuboza 2024, ibihugu byombi byasinyanye amasezerano y’umutekano yemerera u Burusiya gutabara Belarus bukoresheje intwaro za kirimbuzi.

Zelensky yaburiye ibihugu byo muri OTAN ko u Burusiya bushobora kubitera

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .