Ubwo yari mu kiganiro n’itangazamakuru, Zelensky yagize ati “Niba kugira ngo haboneke amahoro ari uko mva ku buyobozi, nditeguye. Nakwemera kubugurana kuba umunyamuryango wa OTAN niba ari byo bisabwa.”
Ibi bije nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yise Zelensky umunyagitugu uyobora ataratowe.
Zelensky yavuze ko atababajwe n’ibyo Trump yavuze byo kumwita umunyagitugu, ati “Ntabwo byambabaje kunyita umunyagitugu.”
Yakomeje avuga ko ikimuraje ishinga ari umutekano wa Ukraine uyu munsi aho kuba mu myaka 20 iri imbere kuko atazageza icyo gihe akiri ku buyobozi.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!