00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zelensky yiteguye guhara ubuyobozi mu gihe Ukraine yakwinjira muri OTAN

Yanditswe na Niyigena Radjabu
Kuya 24 February 2025 saa 08:00
Yasuwe :

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yatangaje ko yakwemera kuva ku buyobozi ariko Ukraine ikaba umunyamuryango wa OTAN.

Ubwo yari mu kiganiro n’itangazamakuru, Zelensky yagize ati “Niba kugira ngo haboneke amahoro ari uko mva ku buyobozi, nditeguye. Nakwemera kubugurana kuba umunyamuryango wa OTAN niba ari byo bisabwa.”

Ibi bije nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yise Zelensky umunyagitugu uyobora ataratowe.

Zelensky yavuze ko atababajwe n’ibyo Trump yavuze byo kumwita umunyagitugu, ati “Ntabwo byambabaje kunyita umunyagitugu.”

Yakomeje avuga ko ikimuraje ishinga ari umutekano wa Ukraine uyu munsi aho kuba mu myaka 20 iri imbere kuko atazageza icyo gihe akiri ku buyobozi.

Zelensky yavuze ko yiteguye kuva ku butegetsi mu gihe Ukraine yakwinjira muri OTAN

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .