00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zelensky yasabye Trump gusura Ukraine mbere yo kugirana amasezerano n’u Burusiya

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 14 April 2025 saa 02:44
Yasuwe :

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yasabye Donald Trump kubanza gusura Ukraine mbere yo kugira amasezerano asinyana n’u Burusiya agamije guhagarika intambara.

Ibi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Televiziyo yo muri Amerika CBS mu kiganiro cyayo kizwi cyane nka ‘60 Minutes’.

Zelensky yasabye Trump kuzafata umwanya agasura Ukraine akareba uko abasivile bajujubijwe n’intambara.

Ati “Mbere y’uko ugira umwanzuro ufata, ibiganiro ibyo aribyo byose uzabanze uze gusura abaturage, ingabo, ibitaro, insengero, abana bakomeretse n’abapfuye.”

Iki kiganiro yagiranye na CBS cyabaye mbere y’igitero u Burusiya bwagabye mu Mujyi wa Sumy muri Ukraine, gihitana abantu 34 barimo abana babiri na ho abandi 117 barakomereka.

Trump yavuze ko iki gitero ari agahomamunwa na ho Friedrich Merz uzaba Chancelier w’u Budage ashinja u Burusiya gukora ibyaha by’intambara kubera.

Ntacyo u Burusiya bwatangaje kuri iki gitero, nubwo bivugwa ko ingabo zabwo ziri hafi y’umupaka ziteguye intambara.

BBC yanditse ko hagitegerejwe kureba niba Trump azubahiriza ubusabe bwa Zelensky cyangwa azakomeza gahunda ye.

Ibitero byinshi by'u Burusiya byashegeshe Ukraine
Perezida Zelensky yifuza ko Trump abanza gusura Ukraine mbere yo kugira amasezerano asinyana n'u Burusiya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .